Umugore wo muri Zimbabwe n’ umugabo we babaye kimomo ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gufatwa amafoto uyu mugore akurira igitsina cy’ umugabo we.
Nk’ uko byatangajwe n’ ibinyamakuru byo muri Zimbabwe, uyu mugabo n’ uyu mugore bafitanye abana batanu.
Uyu mugore buri buke, ari noheli, ni ukuvuga tariki 24 Ukuboza 2018 yaguye gitumo umugabo we asambana n’ undi mukobwa nyamara yari yaramubwiye ko gutera akabariro byamunaniye.
Ubwo uyu mugore yafataga umugabo we amuca inyuma yahishuye ko hashize igihe uyu mugabo yaranze guhahira abana be batanu, kubera ko amafaranga yose yakoreraga yayiheraga inshoreke yasambanya yagera iwe akabwira umugore we ko yabaye ikiremba.
Uyu mugore utatangajwe amazina yeretse abahisi n’ abagenzi filime y’ Ubuntu, ubwo yateranaga amagambo n’ uyu mukobwa wari waramutwariye umugabo. Uyu mukobwa yagerageje kwisobanura abwira uyu mugore atari aziko uwo yatwaye ari umugabo we ariko biba iby’ ubusa.