AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Abakinnyi Batatu ba PSG barimo Sergio Ramos i Kigali

Abakinnyi Batatu  ba PSG barimo Sergio Ramos   i Kigali
29-04-2022 saa 08:58' | By Habineza Gabriel | Yasomwe n'abantu 769 | Ibitekerezo

Ku wa Gatandatu tariki 30 Mata, u Rwanda ruzatembererwa n’abakinnyi batatu ba Paris Saint Germain isanzwe inafitanye amasezerano y’ubufatanye n’u Rwanda.

Nk’uko byagaragaye mu mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga za Visit Rwanda, abakinnyi batatu ba Paris Saint Germain bemeje ko bagiye kuza gusura u Rwanda.

Kizigenza muri aba bakinnyi, myugariro, Sergio Ramos yemeje ko agiye kuza gusura u Rwanda ari kumwe n’umugore we ndetse na bagenzi be bandi babiri bakinana muri PSG.

Muri aya mashusho, Ramos yavuze ko yiteguye gupakira ibikapu bye akaza gusura ibyiza by’u Rwanda birimo n’Ingagi.

Ati “Ngiye gupakira ibikapu kuko niteguye kujya mu Rwanda gusura ingagi zo muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.”

Uyu myugariro, mu rugendo rwe azanasura umwana w’ingagi aherutse kwita izina rya ”Mudasumbwa.”

Undi mukinnyi wa PSG wemeje ko agomba kuza mu Rwanda, ni umunyezamu w’iyi kipe, Keylor Navas wavuze ko yishimiye gusura iki Gihugu.

Ati ”Nibyo. Kuko twifuza kugira ibyo tumenya ku muco Nyarwanda. No kureba Ingagi. Nzajyana n’umugore wanjye na Draxler.

Rutahizamu, Julian Draxler, yavuze kuri we bitinze kuzagera kugira ngo agere mu gihugu yamye arota kuzatembereramo.

Ati “Ntabeshye sinjye uzarota ngezeyo. Ndashaka gusura Pariki y’Akagera ibamo inyamanswa eshanu zisurwa cyane muri Afurika.”

Ingagi yiswe Rudasumbwa, ni iyo mu muryango wa Musilikale, yabyawe na Rugira.

Uyu mwana w’ingagi yavutse ku wa 30 Nyakanga 2020, ahabwa izina na Sergio Ramos w’imyaka 36. Ni mu muhango wabaye ku wa 24 Nzeri 2021, ubwo abana 24 b’ingagi bahabwaga amazina.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA