AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Murakagira izo mugaba, abo muzigabira n’izo musigarana-Immaculee ashimira Bamporiki wamuhaye Inka

Murakagira izo mugaba, abo muzigabira n’izo musigarana-Immaculee ashimira Bamporiki wamuhaye Inka
1er-04-2021 saa 11:12' | By Editor | Yasomwe n'abantu 6756 | Ibitekerezo

Umuyobozi wa Transparency International-Rwanda, Ingabire Marie Immaculee yashimiye Hon Bamporiki Edouard wamugabiye Inka amwifuriza kugira ubushyo kugira ngo azabone izo agaba n’izo asigarana.

Ubu butumwa bwa Ingabire Marie Immaculee, yabunyujije kuri Twitter, ashimira Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco, Hon Edouard Bamporiki.

Ni ubutumwa bwuzuye ishimwe ryumvikana ko Ingabire Marie Immaculee yagejeje kuri Bamporiki.

Ingabire Marie Immaculee yagize ati “Mbikuye ku mutima nshimiye cyane inka mwangabiye. Murakagira izo Mugabo, abo muzigabira n’izo mudigarana.”

Ingabire Marie Immaculee yakomeje agira ati “Mwangabiye inka y’urukundo n’urukundo, kuva uyu munsi ndi umugaragu kandi uzayoboka atiganda.”

Ni ubutumwa bwakiriwe neza n’abakunze gukoresha uru rubuga rwa Twitter, gusa biragoye kumenya igihe iriya nka yagabiwe.

Ubusanzwe kugabirana ni umuco usa nk’uhatse indi mu basokoruza bo hambere kuko iyo umuntu yakugabiraga, yabaga akweretse urukundo ruhambaye kandi imiryango yanyu igahita igirana igihango ku buryo kizakurikirana abazabakomokaho baba abana banyu, abuzukuru, ubuvivi n’ubuvuvure.

Iyo umuntu yaguhaga Inka kandi, byafatwaga nk’aho aguhaye ubukire kuko iri tungo ryafatwaga nk’umutungo utagira ingurano mu butunzi bwo muri ibyo bihe.

Iyo wahabwaga inka, wafataga igihe cyo kujya kuyicyura no gukura ubwatsi no kwitura uwayikugabiye.

Ingabire Marie Immaculee
Hon Bamporiki Edouard

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA